Menya ibintu 5 wagenderaho ujya guhitiramo umuntu ishami (section) ryo kwiga mu mashuri yisumbuye - Isoko

Isoko

Ads Here

Monday, January 8, 2018

Menya ibintu 5 wagenderaho ujya guhitiramo umuntu ishami (section) ryo kwiga mu mashuri yisumbuye

 


Amasomo umuntu yiga mu mashuri yisumbuye agira ingaruka nini ku buzima bw’umuntu, yaba yarahisemo neza bikamufasha gutera imbere yaba atarahisemo neza bikamugora ubuzima bwose.  Kuko ari ibintu  biba bizakurikirana ubuzima bw’umuntu, ni ngombwa ko umuntu najya kubikora yitonda, agasoma , akanagisha inama. Ikinyamakuru isokotv  kikaba cyabakusanirije ibintu 5 bw’ingennzi umuntu yakwitaho mbere yo guhitamo ishami aziga mu mashuri yisumbuye

1. Kwita kubyo ushoboye kandi bigushimisha
Iyo umuntu ahisemo amasomo we yiyizho ko ashoboye kandi anamushimisha, bimuha umwete uhagije wo kwiga. Iyo wakuze wiyumvamo ko ushoboye isomo ngo uba wifitemo ubushobozi karemano mu gukora iryo somo bityo iyi ikaba ari ingingo y’ibanze yo kwitabwaho. Bityo umuntu aba agomba akabanza agasuzuma ubushobozi bwe mu masomo yose.

2. Kwita ku masomo mashya
nyuma y’uko umuntu ahisemo ishami aziga, agomba kubanza akamenya  amasomo mashya yaba yarinjijwe mu ishami agiye kwiga,  kubera ko hashobora kuba harinjijwemo amasomo mashya .  ayo masomo mashya ngo ashobora kuba inzitizi umuntu atarakurikiranye kuko ayo masomo ashobora kumutsinda kandi yari azi ko iryo shami aryumva neza.
Bisaba gukora iperereza  ku masomo yose yaba yaremejwe ko azigwa mu ishami rizigwa, kuko bishobora kuzamuviramo kwicuza kandi   yari azi ko yahisemo ishami ashoboye.
3. Gusuzuma ishami wifuza  ko riba ku bigo wifuza
Hari igihe usanga ishami ushaka kwiga ritaba ku kigo ushaka , yewe rimwe na rimwe ugasanga ikigo wabonyeho ishami wifuza wenda kitujuje ibisabwa na kaminuza zimwe na zimwe ku buryo utabanje gukora ubushakashatsi bwimbitse bishobora kuzakugiraho ingaruka. Ubwo abantu bagirwa inama yo kubanza gukora ubushakashatsi, ku  kigo bashaka kwigaho, kuko gishobora kuba hari ibyo kitujuje.
4. Kureba urwego isomo  ushaka kwiga ryigishwaho mu kigo wahisemo
Umuntu agomba kubanza kumenya urwego ishami umntu asabamo rirhoo ku kigo   yifuza. Mu bhugu biteye imbere , amasomo yigishwa ashyirwa ku mubuga za internet z’ibyo bigo, ariko nko mu Rwanda twabagira inama yo kujya abantu babanza bakarera urwego rw’imitsindire mu bizamin bya leta  icyo kigo kiriho muri iryo shami .
5. Gutekereza ku cyo wifuza  kuba mu buzima .

Umuntu iyo yiga ahanini aba afite ikintu yifuza kuzaba mu buzima bwe.  Umuntu iyo yiga cyangwa agiye guhitamo ishami ubisanishije. Gusa iyo umuntu nta kintu yateganije mu mute we, amasomo yumva mu ishuri aba ahagije  ngo azagire akazi runaka akwerekezamo .

Mu gusoza iyi nkuru twabibutsa ko  itangazo Minisiteri y'uburezi MINEDUC  yatangaje ko izatangaza amanota y'abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza n'ikiciro rusange mu mwaka ushize w'2017 ku wa 09 Mutarama 2017 saa tanu (11h00).


No comments:

Post a Comment