Tanzaniya yongeye kwirukana abanyarwanda ku butaka bwayo . - Isoko

Isoko

Ads Here

Wednesday, January 10, 2018

Tanzaniya yongeye kwirukana abanyarwanda ku butaka bwayo .



Nyuma yahoo leata ya Tanzaniya yirukaniye Abanyarwanda benshi mu 2013, byavugwaga ko babagayo bnyuranije n’amategeko, , ikinyamakuru The East Afrivcan gitangaza ko hongeye kwirukanwa abantu babagayo binyuranije n’amategeko harimo abanyarwanda 8.

Umuyobozi w’Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka muri Kilimanjaro, Albert Rwelamira, yavuze ko mu bo basabye kuva muri iki gihugu harimo abatangiye kuba muri Tanzania mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuva mu 1972.
Ati “Twabohereje mu bihugu bakomokamo, niba bifuza kugaruka muri Tanzania bagomba kubahiriza ibisabwa byose.”
Nk’uko The EastAfrican yabyanditse, Rwelamira yavuze ko benshi mu birukanwe muri iki gikorwa cyo gushakisha ababa mu gihugu mu buryo butemewe cyatangiye umwaka ushize, bari barashyingiranwe n’Abanya-Tanzania.
Mu bantu basaga 100 , birukanwe harimo abantu 23 bo batememerewe  gukandagir ku butaka bw’icyo gihugu  kubera ibyaha bagiye bahakorera aho hakaba harimo Abanya-Ethiopia umunani, barindwi bakomoka muri Bangladesh, Abanya-Kenya batanu, Umurundi, Umugande n’Umunya-Nigeria 1.
Ubu nibwo hongeye kwirukanwa abanyarwanda kuva perezinda Maghufuri yajya ku butegetsi muri 2015, umubare munini wbo ukaba wari warigeze kwirukanwa muri 2013. 

No comments:

Post a Comment