Umuhanzi Uwiringiyimana
Théogène wamenyekanye cyane nka "Bosebabireba" mu ndirimbo ziganjemo
ubutumwa bwomora imitima y’abemeramana, yatenzwe mu itorero ADEPR azizwa
ubusambanyi.
Bosebabireba umaze imyaka irenga icumi
yamenyekanye mu ndirimbo zakanyujijeho zirimo ‘Ikiza urubwa’, ‘Ingoma’,
‘Icyifuzo’, ‘Bugacya’, ‘Bosebabireba’ n’izindi.
Uyu
muhanzi yagiye avugwaho amakuru yo gutera inda abakobwa ariko akabihakana ariko
ni byo byaje kumwirukanisha mu itorero yasengeragamo.
Umuyobozi
w’Umudugudu wa Kicukiro Shell muri ADEPR, Pasiteri Rubazinda Callixte,
yahamirije IGIHE dukesha iyi nkuru ko Uwiringiyimana Theo wabarizwaga muri iryo
torero yahagaritswe azira ibyaha birimo icy’ubusambanyi.
Yavuze
ko nyuma y’ibyaha yagiye avugwaho atemeraga yari yarahagarikiwe ibihangano mu
buryo bw’agateganyo mu itorero nyuma hakorwa igenzura ryemeje ibyo ashinjwa
bituma ahagarikwa byeruye kuwa 30 Ukuboza 2017.
Pasiteri
Rubazinda yashimangiye ko "Bosebabireba" yahaniwe ubusambanyi.
Yagize
ati "Raporo twari dufite ni iy’icyaha cy’ubusambanyi kandi
twarabikurikiranye dusanga ni byo na we arabitwemerera, dusanga nta wundi muti
rero nk’umuntu wabaye umuvugabutumwa tumwemera mu itorero tugomba kumuhagarika
akazabanza akaza gusaba imbabazi itorero n’abo yahemukiye tukabona kumwakira.
Na we yarabitwemereye."
Pasiteri
Rubazinda avuga ko ibyaha byatumye Bosebabireba ahagarikwa bifitanye isano
n’ibyo amaze igihe avugwaho ko hari abakobwa bivugwa ko babyaranye, gusa ngo
itorero byo ntiribikurikirana kuko icyaha n’ubundi ari ubusambanyi bumunga
ubuzima bwa gikirisitu bw’umuntu.
Hari
amakuru avuga ko ku Cyumweru tariki 7 Mutarama 2018, Bosebabireba yakumiriwe ku
muhango w’igaburo ryera kuko atari umukirisitu wa ADEPR.
Twagerageje
kuvugana na Theo Bosebabireba ku ihagarikwa rye muri ADEPR ntiyaboneka ku
murongo wa telefoni asanzwe akoresha.
Theo
Bosebabireba w’imyaka 36 ni umugabo ufite umugore n’abana barindwi yemera,
barimo uwo yibarutse ku wa 19 Kamena 2017 agahamya ko ahagaritse urubyaro.
Source : igihe.com
No comments:
Post a Comment