Manya ibintu wakwitaho ngo umwaka wa 2018 uzakubere uw’iterambere. - Isoko

Isoko

Ads Here

Monday, January 15, 2018

Manya ibintu wakwitaho ngo umwaka wa 2018 uzakubere uw’iterambere.


Umwaka wa 2017 dushoje, hashora kuba hari ibintu byinshi byakiubangamiye cyangwa bigatuma akazi kawe wakoraga katagenda neza nk’uko wabiteguraga, bikakubangamira , rimwe na rimwe, bikaba byanavamo impamvu zo kudindira mu iterambere cyangw kubaho utishimye uko byagakwiye. Urubuga isoktv , rwabakusanyirije ibitekerezo by’inzobere umuntu ashobora kwifashisha, akaba yagira icyo ahindura ku migendekere ya 2017, bityo uyu mwaka dutangiye wa 2018 ukaba wazaba mwiza kurushaho cyane cyne mu  kazi kagutunze ka buri munsi.

               Kwirinda ubwoba

Hari abantu benshi ngo usanga bariziritse ku kazi batishimiye ku buryo  hari n’abakamaraho imyaka kandi wenda urugero Atari ibyo bize, bibahemba amafaranga make, bibashyira  mu byago, nabo bakaba babkora batishimye.  Izobere  n’umujynama  mu gucunga abakozi James Opio  ajya inama y’uko umuntu yafata umwanzuro akareka ubwo , kuko n’ubundi umuntu aba adakra ako kazi kubera urukundo, ahubwo aba akaziritsweho n’ubwoba gusa.

2           Kuva ku izima
Kuva ku izima ni ikintu gikunda gutsinda abantu benshi, bakaba barakoze, imishinga ikomeye  , nyuma byajya kugera aho bigera bakava ku izima bagateshuka ku ntego bihaye, bakabivamo. Ibyiza umuntu ngo ntiyakabaye yemera gutsindwa kuko iyo bigoye hab hakiri andi mahirwe yo kuba  inzitizi zavaho bikagenda uko byateguwe.

3             Kwirinda kwangirika mu mutwe.
Iki kintu ngo gikora ku bantu besnhi aho usanga  umuntu afite ikintu yisizemo , wenda nk’umuyobozi , uburyo akazi gatangwamo, umukozi mugenzi wawe cyangwa ikindi kintu kikugenga mu kazi . iyi ngeso ngo umuntu aba asabwa kuyireka kuko buri gihe aba yumva ari umucakara w’icyo kintu   , binamugiraho ingaruka  mu miterereze no mu  gutuma yagira indi nyungu yabyaza amahirwe yashobokaga muri ako kazi.

               Gutuza
Umuntu ngo biba byza iyo yicecekeye yewe n’aho byari biri ngombwa ngo avuge .  kuvugisha umuntu mukuru cyane cyane iyo ari kugutonganya  cyangwa kukunenga ntabwo ari byiza kuko mubyoyakubwira cyangwa yakunenga ntihaburamo icykugirira akamaro kimwe rero no mu kazi gutuza ni inby’ingezi cyane cyane ku bakuruta.

5            Kugabanya kuba rugabishabirenge.
Hari abantu baba ari abanyampuhwe bakabije,  ku buryo usanga bafasha abandi bo bagasa n’abiyibagirwa, cyangwa rimwe na rimwe ibyabagirira akamaro kababiha abandi . umuntu akangururwa kureba ko bya bindi akorera abandi nawe bishobora kuba intangiriro na we akagira aho yikura n’aho yigeza cyangwa bikamubera intangiriro nziza yo kugira ikintu yikorera.

6       Kureba icyo ukeneye kwiga

Kureba icyo ukeneye kwiga  ni ingirakamaro   cyane cyane ibifite  aho bihuriye n’akazi ukora ka buri munsi.  Umuntu agomba kubanza agatekereza ku kazi akora, impamvu agakora n’icyo akeneye kugeraho. Si ngombwa ngo umuntu ajye kwiga ibi  ku mashuri, ahubwo no kubona umwanya umuntu akaganira n’abamurusha inararibonye mu kazi cyangwa bafite ibyo bagezeho bigaragara  bamurusha,  nayo ni inzira nziza. Ibi tuvuze ni inama zatanzwe n'abahanga backeya si ukuvuga ko ari byo byonyine,hari n'ibindi byinshi.

No comments:

Post a Comment