Nyuma ya Theo Bosebabireba, n’abari abayobozi muri ADPER bafatiwe ibihano. - Isoko

Isoko

Ads Here

Thursday, January 11, 2018

Nyuma ya Theo Bosebabireba, n’abari abayobozi muri ADPER bafatiwe ibihano.




Nyuma  y'ihagarikwa ry'umuhanzi Bosebabireba , hari abayobozi bo muri ADPER  bashinjwe amakosa arimo kunyereza umutungo bamwe bikabaviramo gufungwa umwaka ushize  ,  hari abo byaviririyemo kwamburwa ubudahangarwa n’inkoni y’ubushumba  abandi bahagarikwa  mu miromo  barimo  bishop Tom Rwagasana, wari umuvugizi wungirije na Mutuyemariya Christine wari ushinzwe ubukungu n’imari n’abandi bagera kuri bane , bose bahagaritswe  bazira anmakosa anyuranye bakoze mu gihe cy’akazi.

Amakuru atugeraho yemeza ko aba bose bagiye bahagarikwa , ku nshingano bari bagiye bafite mu midugudu iwabo aho basengeraga  aho nyine hari imihango igenewe abakirisitu btitabira irimo nko kujya ku igaburo, n’izindi nama zigenewe  bakirisitu b bujuje ibisabwa .

Rev.Pastor Nkurunziza Richard umushumba wa ADEPR Paruwasi ya Kicukiro Shell   yatangarije ikinyamakuru yabwiye Iyobokamana  ko Tom Rwagasana yahagaritswe ku Cyumweru tariki 7 Mutarama 2018, aho kugeza ubu atemerewe kwegera igaburo ryera ndetse no kuba yakwitabira inama z’abakirisito. Rev. Pastor Richard kandi yakomeje avuga ko ibyaha Tom Rwagasana ashinjwa bifitanye isano n’ibyimicungire mibi y’umutungo w’itorero rya ADEPR yakoze ubwo yarakiri umuvugizi wungirije
Mu bayobozi bahagaritswe ni Eng. Sindayigaya Theophile wahoze ari Pasiteri muri Paruwasi ya Kamashashi, Mutuyemariya Christine wahoze ari DAF wa ADEPR akaba yari n’umudiyakoni ku mudugudu Kamashashi ndetse na Tom Rwagasana wahoze ari umuvugizi wungirije wa ADEPR . 

Thom Rwagasana nyuma  nyuma yo kwamburwa ubupasiteri yahagaitswe no mu bindi 


Bishop Tom Rwagasana we yari yahagaritswe ku nshingano z’ubupasiteri mu mwaka wa 2017, nyuma yo gufungurwa , aho yari  yafunganywe na mugenzi we  Bishop Sibomana Jean bazira amafaranga asaga miliyari 2 z’amafaranga y’u Rwanda yabuze hagati ya 2015 na 2016.

Ubuyobozi bukuru bwa ADPER mu Rwanda bwo butangaza ko butagira icyo bhindura ku myanzuro yaba yabafatiwe, kuko mu midugudu aho basengera ari bo baba bazi abakrirsitu neza ku buryo bafata umwanzuro, gusa wenda bakamenyesha inzego zisumbuye mu nyandiko.


 Iri hagarikwa ribaye nyuma y’uko umuhanzi wabicaga bigacika UWIRINGIYMANA Theogene ,  nawe hashize iminsi mike afatiwe icyemezo cyo guhagarikwa mu itorero ADPER ashinjwa ubusambanyi n’izIndi ngeso mbi .


No comments:

Post a Comment