Impunzi zahungiye mu Rwanda zigiye guhura n’imibeereho igoye bidasanzwe. - Isoko

Isoko

Ads Here

Wednesday, January 10, 2018

Impunzi zahungiye mu Rwanda zigiye guhura n’imibeereho igoye bidasanzwe.


Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi hamwe ‘ishai rishinzwe ibiribwa ku isi biratabariza impunzi zahungiye mu Rwanda kuko ngo aaterankunga babuze ku buryo bizagorana kongera gufasha impunzi kubona inkunga zagenerwaga , ku buryo izganamukaho hafi 75 %.

Iyi miryangi itangaza ko hari hasanzwe hakenerwa miliyoni  140$ ( z’amadorali ) hakaba harabonetse 20$ gusa.

Imibare itangwa na PAM na HCR yerekana ko muri Nzeri 2017, yahaga buri mpunzi ibiribwa bingana n’ibiro 16.95 buri kwezi bigizwe ahanini n’ibigori, ibishyimbo, amavuta y’ubuto n’umunyu.
Abandi bahabwaga amafaranga ibihumbi birindwi na magana atandatu (7600 Frw) yo kugura ibintu nkenerwa byababeshaho.
Kubera ko abaterankunga bagabanyije inkunga yabo mu buryo bugaragara, PAM na HCR bavuze ko nta bushobozi buhagije bafite bwo gukomeza gufasha impunzi z’Abarundi n’Abakongomani nk’uko bisanzwe. Inkunga yayo ngo igiye kugabanukaho 75%.
HCR itangaza ko gahunda yari yaratangajwe na leta y’u Rwanda yo gufasha impunzi kwiga imishinga y’iterambere yazifasha kwibeshaho , ari kimwe mu by’ingenzi bizunganira izi mpunzi gukomeza ubuzima mu gihe inkunga zaba zitaboneka neza.


Imwe muri Politiki PAM ivuga ko izafashamo u Rwanda ni uguha akazi impunzi hanyuma zigahembwa ibiribwa cyangwa amafaranga. Iyi politiki ngo izabanziriza ku mpunzi 60 000 nk’uko itangazo rya PAM na HCR ribivuga.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa ku Isi (PAM), rifasha abantu bagera kuri miliyoni 80 bo mu bihugu 80 bakeneye ibiribwa biganjemo impunzi, ababa mu duce twayogojwe n’amapfa cyangwa imyuzure ndetse n’abatagira za Leta zibitaho.
Mu Rwanda, PAM na HCR bikorana na Leta kugira ngo impunzi zigera ku bihumbi 170 zibone uburyo bwo kubaho bubereye ikiremwamuntu.
Inkunga z’umwihariko nk’izigenerwa abana , abagore batwite, ababana n’ubwandu bw’agkoko gatera SIDA , zo zizagumaho nk’uko zatangwaga.


No comments:

Post a Comment